ubwo hatangazwaga amanota ya batsinze ibizamini bya Leta kuri uyu wa gatanu taliki 11 nzeri 2026 Ufimana Germaine yatsinze ku kigero cyo hejuru aho yagize amanota 88.47% ndetse akaba yujuje amasomo 5. Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kubona ibisubizo, Germaine yagize ati:
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere ( Meteo Rwanda ) cyatangaje ko imvura igiye gutangira kugwa aho Mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Nzeri 2026 kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 20 mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 10 na 64, ikaba iri ku kigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa mu Ntara y’Iburengerazuba, mu bice byinshi by’Intara y’Amajyaruguru n’iby’uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru, naho ibice bisigaye by’Igihugu hateganyijwe imvura iri munsi gato y’isanzwe igwa muri iki gice. Imvura isanzwe igwa mu gice cya kabiri cya Nzeri iri hagati ya milimetero 11 na 64. Iminsi izagwamo imvura izaba iri hagati y’iminsi ibiri (2) n’ine (4) bitewe n’imiterere ya buri hantu. Ubushyuhe bwo hejuru buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 21 na 33, naho ubushyuhe bwo hasi buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 10 na 19. Ubushyuhe buteganyijwe buri hejuru gato y’impuzandengo y’ubusanzwe buboneka muri iki gice. Impuzandengo y’ubushyuhe bwo hejuru busanzwe buboneka mu gice cya kabiri cya Nzeri iri hagati ya dogere Selisiyusi 21 na 32, naho iy’ubushyuhe bwo hasi buri hagati ya dogere Selisiyusi 10 na 18. Umuyaga uringaniye ushyira kuba mwinshi, ufite umuvuduko uri hagati ya metero 4 na 12 ku isegonda, uteganyijwe mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Copyright © 2019 - 2026 Inuma News. All Rights Reserved.