Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine ubarizwa mu itsinda rya Vestine na Dorcas, yasabye Urukiko kumuha gatanya ya burundu n’umugabo we, Ouedraogo Idrissa, bari barasezeranye mu bukwe bwabaye ku wa 5 Nyakanga 2025. nkuko tubikesha InyaRwanda amakuru avuga ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Nzeri 2026, habaye inama ntengura rubanza ku Rukiko rw'Ibanze rwa Kicukiro. Ishimwe Vestine yari ahagarariwe n’umunyamategeko we kubera ko atabonetse, ni mu gihe Idrissa nawe yari ahagarariwe n’umunyamategeko we, kuko nawe atabonetse. Ishimwe Vestine na Idrissa bakoze ubukwe mu birori bikomeye byabaye ku wa 5 Nyakanga 2025 mu Intare Conference Arena, nyuma yo kwemera kubana nk’umugabo n’umugore.
Abanyeshuri bambaye umwambaro w’ishuri barimo kugenda banyura iruhande rw’inzu zahiye barimo kujya ku ishuri, umunsi umwe nyuma y’umuriro wishe abantu i Cimpunda, muri komine ya Kadutu i Bukavu, ku itariki ya 11 Nzeri (9) mu mwaka wa 2026. Mu mujyi wa Bukavu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), harimo kuba umuhango wo gushyingura abanyeshuri bishwe n’umuriro wo mu cyumweru gishize.
Copyright © 2019 - 2026 Inuma News. All Rights Reserved.