Advertisement
Abantu 20 bapfuye nyuma y’uko inyubako yari yarangijwe n’intambara isenyutse i Gaza

Abantu 20 bapfuye nyuma y’uko inyubako yari yarangijwe n’intambara isenyutse i Gaza

Nibura abantu 20, barimo abana batanu, bamaze gupfa, mu gihe abandi benshi baburiwe irengero  nyuma y’uko inyubako yari yarangijwe n’intambara isenyutse mu Ntara ya Gaza, nk’uko abashinzwe ubutabazi  abivuga.

Amashusho yerekanye ibikorwa byo gushakisha imirambo n’ababa bakiri bazima bikomeje mu munsi  y’inyubako y’amagorofa atandatu yari iherereye mu gace ka Tal al-Hawa, mu Mujyi wa Gaza.

Abaturage baho bavuze ko imiryango igera ku 10 yari ikibana muri izo nzu, nubwo bari baraburiwe ko iyo nyubako ushobora guteza akaga.

Abahagarariye umuryango ushinzwe  ubutabazi  (Civil Defence )iyobowe na Hamas, uyu muryango uvuga ko mu ntangiriro bari batangiye ibikorwa byo gutabara bakoresheje “amaboko gusa”, bitewe n’imbogamizi zikomeye za Israel ku bikoresho byemerewe kwinjizwa muri Gaza.


Raed al-Dahshan, umuyobozi wa Civil Defence mu Mujyi wa Gaza, yagize ati: “Turacyumva amajwi y’abantu ari munsi yinyubako , bityo haracyari icyizere cyo kubona abantu.

Editor Editor
31 0

0 Comments

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a comment

Bana Natwe

Rubavu, Gisenyi, West

+250 787 126 439

inumatvjoe@gmail.com

Amafoto

Copyright © 2019 - 2026 Inuma News. All Rights Reserved.