Advertisement
Boris Johnson  na bandi bayobozi bakomeye barusimbutse

Boris Johnson na bandi bayobozi bakomeye barusimbutse

Inkuru dukesha BBC ivuga ko Indege nto y’intambara itajyamo umupilote (izwi nka ‘drone’) y’Uburusiya yarashe gariyamoshi hafi y’umupaka wa Ukraine na Pologne nyuma gato yuko uwahoze ari Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Boris Johnson n’abandi bategetsi bo ku rwego rwo hejuru mu by’umutekano b’i Burayi bari bamaze kuhanyura.

Abayobozi bo muri Ukraine bavuze ko nta bantu bapfuye cyangwa bakomeretse nyuma y’icyo gitero cyabereye i Yahodyn, cyarashe moteri ya gariyamoshi. Abagenzi bose bahungishijwe.
Johnson n’abajyanama mu by’umutekano w’igihugu b’i Burayi, barimo Jonathan Powell w’Ubwongereza, bari bamaze kunyura muri iyo nzira ya gariyamoshi bari mu yindi gariyamoshi, ubwo bari barimo bataha bavuye mu nama mu murwa mukuru Kyiv wa Ukraine.
Uwo wahoze ari Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yagize ati: “Sinzi imitekerereze ikocamye yatumye Putin aturitsa gariyamoshi ya Ukraine yari ihagaze ku mupaka wa Pologne muri iki gitondo [cy’ejo ku cyumweru].”
Yavuze ko icyo cyari “igitero kidashyize mu gaciro kandi cy’urukozasoni gisa n’ibyo Abanya-Ukraine bagorwa na byo buri munsi – no mu nzira za gariyamoshi za gisivile”, ashishikariza inshuti za Ukraine guha Abanya-Ukraine byihutirwa “ubwirinzi bw’ikirere bacyeneye”.
Uburusiya bwavuze ko bwarashe “igikorwa-remezo cy’inzira ya gariyamoshi” mu burengerazuba bwa Ukraine ariko kompanyi ya Ukraine ishinzwe ibya za gariyamoshi, yitwa Ukrzaliznytsia, yavuze ko “bishoboka cyane, [ko] icyo iyi ‘drone’ yari igambiriye gishobora kuba ari gariyamoshi y’abadipolomate”.
Mu itangazo iyo kompanyi yasohoye, yavuze ko iyo gariyamoshi “yari yavuye kuri iyo stasiyo [itegerwamo gariyamoshi] mbere y’igihe cyari giteganyijwe kubera impinduka ku ngengabihe... itewe n’inkeke zihoraho ziterwa n’ibitero by’Uburusiya”.
Iyo kompanyi yanavuze ko itegeko ryo guhunga ku bagenzi bari bari muri iyo gariyamoshi yarashweho ryari ryatanzwe “iminota 15” mbere y’icyo gitero cya ‘drone’ y’Uburusiya yihuta cyane ikoresha moteri nk’iy’indege.
Iyo kompanyi yongeyeho ko uwahoze ari umukuru w’ubutasi bwo mu mahanga bw’Amerika (CIA), David Petraeus, na we yari ari mu yindi gariyamoshi yo kuri iyo stasiyo ya Yahodyn, ubwo icyo gitero cya ‘drone’ cyabaga.
Abategetsi bo muri Ukraine n’abategetsi bo muri Pologne bavuze ko iyo ‘drone’ y’Uburusiya yarashe mu ntera ya kilometero ebyiri uvuye ku mupaka wa Pologne.

Editor Editor
13 0

0 Comments

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a comment

Bana Natwe

Rubavu, Gisenyi, West

+250 787 126 439

inumatvjoe@gmail.com

Amafoto

Copyright © 2019 - 2026 Inuma News. All Rights Reserved.