Nibura abantu 19 bamaze guhitanwa n’indwara ya Mpox kuva iki cyoroze cyemezwa muri Kenya hakaba hashize amezi atatu, nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze muri iki cyumweru na Minisiteri y’Ubuzima ya Kenya.
Minisiteri y’Ubuzima ya Kenya yatangaje ko kugeza ubu intara zirindwi zagaragajwe nk’ahantu hari ibyago byinshi byo kwandura Mpox, bitewe n’uko ziherereye ku mihanda minini y’ubwikorezi ndetse no kuba zegereye imipaka yambukirwamo n’abantu.
Kugeza ubu, Kenya imaze gutangaza ko abantu 1,298 banduye Mpox, aho 452 muri bo bava mugace ka Mombasa, gafite umubare munini w’abanduye, hagakurikiraho Nairobi ifite 320.
Intara za Busia, Makueni, Kiambu, Kilifi na Nakuru na zo zashyizwe mu duce dufite ibyago byinshi, mu gihe iki cyorezo kimaze kugera mu ntara zirenga 40.
Minisiteri y’Ubuzima yibukije ko Mpox igikomeje kuba ikibazo kibangamiye igihugu, nubwo hari ingamba zafashwe mu kuyikumira no kugabanya ikwirakwira ryayo. Yasabye ko ibikorwa byo gukangurira abaturage kumenya no kwirinda iyi ndwara bikomeza, ko igenzura ry’indwara ryongerwa imbaraga, ndetse n’isuzuma rikorerwa ku mipaka y’intara rigakazwa kugira ngo hamenyekane kandi hakumirwe abantu bashya bandura.
Minisiteri yatangaje kandi ko ikomeje gukurikirana izindi ndwara z’ibyorezo. Nubwo kugeza ubu nta muntu uratangazwa ko yanduye Ebola muri Kenya, hashyizweho ingamba zo guhangana n’abantu bashobora gukekwa kuba baranduye no gukumira ko iyi virusi yinjira mu gihugu.
Minisiteri yongeyeho ko izakomeza kongera imbaraga mu gukurikirana indwara, gukingira abaturage, kubakangurira kwirinda ndetse no guhuza ibikorwa hagati y’inzego z’ubuzima, mu gihe ikomeje ingamba zo guhangana na Mpox no kwitegura guhangana n’izindi ngaruka z’indwara zishobora kuvuka mu gihe kiri imbere.

