Nibura abantu batanu bapfuye, mu gihe abandi 87 bari gushakishwa kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa kane 10 Nzeri nyuma y’uko ubwato butwara abagenzi bufashwe n’inkongi y’umuriro mu gace ka Palawan muri Philippines, mu gihe abagenzi n’abakozi 42 bari bamaze gutabarwa. Abashinzwe umutekano wo ku nyanja bakomeje ibikorwa byo gushakisha no gutabara, mu gihe Abayobozi bavuze ko imibare ishobora guhinduka mu gihe bagikora iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi nkongi.
Nibura abantu batanu bapfuye, mu gihe abandi 87 bagishakishwa nyuma y’uko inkongi y’umuriro yadutse mu bwato muri aka gace gakurura ba mukerarugendo mu ntara ya Palawan muri Philippines, nk’uko ubuyobozi bushinzwe umutekano wo ku nyanja bwabitangaje ku wa Kane.
Ubuyobozi bushinzwe umutekano wo ku nyanja bwatangaje ko inkongi yibasiye ubwato bwa M/V June Aster ku mugoroba wo ku wa Gatatu, buri nko ku bilometero 2.2 uvuye ku nkombe,abayobozi batangaje ko imirambo y’abantu batanu yamaze kugezwa ku ku nkombe.
Amashusho yashyizwe kuri Facebook n’ubuyobozi bushinzwe umutekano wo ku nyanja yagaragaje ubwato bwose bwafashwe n’inkongi y’umuriro.
Kapiteni Noemi Cayabyab ukuriye ubuyobozi bushinzwe umutekano wo ku nyanja, yabwiye radiyo y’aho kuri uyu wa Kane ati: “Dushingiye ku mibare dufite kugeza ubu y’abatabawe (42) n’abapfuye, haracyari abantu 87 tutarabasha kumenya irengero ryabo.” Yongeyeho ko urutonde rwari ruri mu bwato rwerekanaga abagenzi n’abakozi 134.
Yagize ati: “Kugira ngo bisobanuke neza, iyi ni imibare y’ako kanya kandi ishobora guhinduka kuko ibikorwa byacu byo gushakisha no gutabara bigikomeje.”
Cayabyab yavuze ko mu bantu batabawe, 38 bari abagenzi mu gihe bane bari abakozi b’ubwato.
Yagize ati: “Ariko kugeza ubu ntiturabasha kubona amakuru ku bantu batabawe kuko tutarabasha kuvugana na bo.” Yongeyeho ko ibikorwa byo kuzimya inkongi y’umuriro na byo byari bigikomeje.
Amakuru y’uburyo amato akurikiranwa yatanzwe na MarineTraffic yagaragaje ko ubwato June Aster bwari bwavuye i Manila.

