Advertisement
Perezida  Paul Kagame yageze mu bufaransa

Perezida Paul Kagame yageze mu bufaransa

Perezida Paul Kagame ari i Paris mu Bufaransa, aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku by’isanzure, yahuje abakuru b’ibihugu na za guverinoma ndetse n’abandi bayobozi bo hirya no hino ku Isi.

Iyi nama yatangiye kuri uyu wa 9 Nzeri 2026, ikazarangira ku wa 10 Nzeri. Yateguwe ku bufatanye bw’u Bufaransa n’u Budage.

Mbere y’uko itangira, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco, UNESCO, Khaled El-Enany.

Ibiganiro byabo byibanze ku bufatanye bw’u Rwanda na UNESCO mu nzego zirimo uburezi, siyansi n’ikoranabuhanga, kubungabunga umurage ndangamuco no gusigasira amateka n’inzibutso.

Iyi Nama Mpuzamahanga izwi nka ‘International Space Summit’ yahurije hamwe abayobozi bo hirya no hino ku Isi, imiryango mpuzamahanga, ibigo bishinzwe iby’isanzure, abahanga mu bya siyansi n’abahagarariye urwego rw’abikorera.

Abayitabiriye bazaganira ku hazaza h’urwego rw’iby’isanzure, hibandwa ku bukungu bushingiye kuri rwo, ubushakashatsi bwa siyansi ndetse n’imikoreshereze irambye y’isanzure.

Muri iyi nama hateganyijwe ibiganiro bitandukanye birimo ikizibanda ku cyerekezo cya Afurika n’uruhare rwayo mu iterambere ry’iby’isanzure.

Editor Editor
24 0

0 Comments

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a comment

Bana Natwe

Rubavu, Gisenyi, West

+250 787 126 439

inumatvjoe@gmail.com

Amafoto

Copyright © 2019 - 2026 Inuma News. All Rights Reserved.