Advertisement
DRC:  M23 yigaruriye uduce twinshi nyuma y’imirwano  ikomeye cyane

DRC: M23 yigaruriye uduce twinshi nyuma y’imirwano ikomeye cyane

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zivuga ko zasubije inyuma umutwe wa M23 ufatanyije na Twirwaneho mu gace ka Kanguli, muri teritwari ya  FIZI.

ni mugihe agace ko  Kwamulima gafatwa nk’ingenzi mu gufungura inzira igana mu mujyi wa Fizi, Bibokoboko, ndetse no mu mujyi wa Baraka gakomeje kugenzurwa na M23 ndetse na Twirwaneho nyuma y’imirwano  ikomeye yabaye kuri iki cyumweru Taliki 6 Nzeri .

Icyakora, nubwo FARDC ikomeje  kwigamba kugenzura agace ka Kanguli, amakuru avuga ko ibintu bikomeje kuba bihindagurika, kandi ko inyeshyamba  za M23 na Twirwaneho bakomeje kwigarurira ibice bitandukanye  nkuko Umunyamakuru wa Inumanews.com ukorera  mubice bitandukanye muri DRC yabiduhamirije.

 


ni mugihe Muri teritwari ya Masisi, mu gace ka Katoyi, inyeshyamba za M23 zakoresheje  imbunda zirasa kure cyane zisubizayo umwanzi.


Ku Cyumweru tariki ya 6 Nzeri 2026, M23 na Twirwaneho bafashe  uduce two ku mupaka twa Kibundi na Mwima, duhana imbibi na teritwari ya Walikale.

Nyuma yo kwigarurira utwo duce, M23 yemeje ko irakomeza gusatira ibice bitandukanye birimo Mindjendje  mu gace ka Kisimbi ndetse na Banakindi muri Walikale .

Abaturage batuye Ku muhanda wa Pinga-Kalembe, bavuga ko kumusozi  wa Mindjendje, mu gace ka Kisimba, ahitwa Banakindi, muri teritwari ya Walikale hakomeje kumvikana urusaku Rwimbunda ziremereye.

Editor Editor
32 0

0 Comments

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a comment

Get In Touch

Rubavu, Gisenyi, West

+250 787 126 439

inumatvjoe@gmail.com