Advertisement
Amavuta ya Elayo atuma Abantu badapfa vuba_ Ubushakashatsi

Amavuta ya Elayo atuma Abantu badapfa vuba_ Ubushakashatsi

Muri iyi nyigo, abashakashatsi bakurikiranye ubuzima bw'abagore 60.582 n'abagabo 31.801, batarwaye indwara z'umutima na cancer, nyuma bagereranya ubuzima bw'abafataga  amavuta ya elayo, abayafataga rimwe na rimwe n'abatarayafataga namba.

Basanze abayafataga ku kigero cya garama 7 ku munsi (hafi igice cy'ikiyiko kinini) bari bafite ibyago bike cyane byo kurwara indwara z'umutima, cancer n'indwara zibasira imyanya y'ubuhumekero kurusha abatarayafataga.

Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko abasimbuzaga  amavuta asigwa ku mugati (marigarine) ku gipimo cya garama 10 ku munsi, cyangwa igipimo cya mayoneze kigasimbuzwa icy'amavuta ya elayo, ibyago byo guhitanwa n'izindi ndwara byaragabanutse ku kigereranyo kiri hagati ya 8 - 34 %.

Abo bashakashatsi bavuga ko nta yandi mavuta yigeze agaragaza umumaro nk'uwo ku buzima bwa muntu, ariyo mpamvu amavuta ya Elayo ari meza  cyane ku kiremwa muntu .

Editor Editor
8 0

0 Comments

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a comment

Get In Touch

Rubavu, Gisenyi, West

+250 787 126 439

inumatvjoe@gmail.com